Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
MTN Ads
BPR Ads
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Basket BallFootballVolley BallBoxingRUGBYTENNISUTUNTU N'UTUNDIKarateWorld Cup 2010

Désiré Mbonabucya ntabona neza ibyo Katauti Hamad Ndikumana yandikiye abakunzi ba ruhago mu Rwanda


posted on Oct , 14 2010 at 18H 13min 09 sec viewed 3320 times



Ushobora kubanza gusoma ibaruwa ya katauti, ukanda hano

Kuri uyu wa kane mu gitondo nibwo hagaragaye urwandiko Katauti Hamad Ndikumana yandikiye abakunzi ba ruhago mu Rwanda, aho yavugagamo imikorere idahwitse ya FERWAFA n’ibindi. Ni kuri izo mpamvu twegereye umwe mu bakinnyi bakinanjye na Katauti kandi uvugwa muri iyo barurwa maze agira icyo adutangariza.

Désiré Mbonabucya ubu usigaye ubarizwa mu gihugu cy’u Bubiligi yadutangarije ko kubwe atabona neza ibyo Katauti yakoze, ati “ urabizi ubundi njyewe sinjya nkunda guterana amagambo ariko ibyo yanditse harimo ubuswa bwinshi na diplomatie nkeya cyane , niyo mpamvu akenshi iyo warerewe mu miryango itanga uburere bwiza hari ibintu urengaho cyangwa ukavuga ibintu by’ukuri, naho kuvuga ibivuye mu mutwe gusa njye mbona ari uburere buke cyane!!!! “

Ikibazo cy’uko atabonanye n’abayobozi ba Ferwafa. Dore uko yagisubije :

Icyo nakubwira nuko nabonanye na Jules 3 fois muri Hotel yitwa Crown Plaza, kandi twanabonanye n’ababyeyi b’abana batatu. We rero sinumva icyo ashaka kuvuga!"

Désiré yakomeje yongeraho ko nta shingiro na gato bifite, ati " kereka niba yitiranya Hotel aho twahuriye n’ababyeyi akayitiranya n’akabari."

Ku birebana n’ibarurwa nyirizina, Désiré yagize icyo abivugaho nabyo

" Hari n’ikindi kintu yavuze wagirango ntiyigeze akina Ruhago... Ni gute wavuga ngo fédération yagiye gushaka manager, ngo nukwerekana ko itabishobora, ubwo rero ni ubuswa bukabije cyane. Kuva akina hano muri Belgique yigeze abona direction ya Equipe ariyo iba na manager? Manager ashinzwe akazi ke na direction ishinzwe akandi, donc ni ibintu bibiri bitandukanye cyane."

Aha akaba yahise anaboneraho umwanya wo gusobanurira abanyarwanda manager icyo ari cyo n’uko bigenda.

Uko bigenda ahantu hose ku isi hari coach ushinzwe ibyo mu kibuga hakaba Team manager ushinzwe kumenya ibibazo, coach afite ushinzwe kumenya Forme z’abakinnyi akamenya niba coach atanga imyitozo, akanahuza coach na Direction nk’iyo hari ikibazo.

Ariko mu guhamagara abakinnyi ni coach ubahamagara, ariko team manager aba yararangije kumubwira abafite forme, donc byumvikana ko ari ibintu bitatu bitandukanye kandi team manager hari n’abatamushaka bagashyiraho directeur technique ( byose birasa).

Aha akaba yavuze ko Jules we aza mu rwego rwa Direction kandi akaba atabwira coach ngo agire uwo ashyira mu ikipe cyangwa amukuremo.

Ku bijyanye na Eric Nshimiyimana , Umutoza wungirije w’Amavubi na APR FC, nabyo yabikomojeho kuko bakinanye

AtI "Nakubwiraga ko kugira ikinyabupfura ari ingirakamaro, kuko ushobora gukinana n’umukinnyi nyuma akakubera umutoza. Icyo gihe aba agiye mu rundi rwego aho wowe ugomba kumwubaha nk’umutoza wawe. Naho Katauti we rero ashaka ko Eric ariwe umwubaha (bitavuze ko Eric atagomba kumwubaha), ariko kugira ngo umutoza akubahe bitangirira ku cyubahiro wowe umuha nk’umukinnyi.

Ku kibazo cya Katauti nyakuri( Uko ikibazo cya Katauti cyatangiye )

Désiré ati "Katauti yashatse kuzana ikibazo cy’imvune, ashaka amafaranga bakayamwima kuko yayasabaga mu buryo bufifits. Aho niho ibibazo byose byatangiriye. Impamvu yanditse biriya nuko agifite umujinya w’ibyo bintu, kandi twibuke ko bigeze no kutamuhamagara kenshi kubera amakosa menshi nko kugira udutsiko muri équipe national, gutera ubwoba abana baje muri équipe national n’ibindi. Muribuka ko kugira ngo agaruke yanditse ibaruwa asaba imbabazi ngo bamugarure... nuko yari yemeye ayo makosa.

Agaciro ibarurwa ya Katauti yahabwa ni akahe ?

Mbonabucya ati "Ku bwanjye ndumva nta gaciro umuntu yabiha, ariko mubyo yavuze uko fédération ikora niwe ubizi, njye ntabyo nzi. Ariko ibyakozwe ndabizi, mu gushaka impamvu abivuga wenda ni uko ababaye kuko batamuhamagaye.

Ku kibazo cy’aho Amavubi ahagaze muri iki gihe , Désiré yagize icyo abikomozaho nabyo, aho yavuze ko duhagaze nabi cyane, ariko ruhago igira ibyayo haracyari ka espoir gake.

Joe Bizdal

IGIHE / RUHAGOYACU


Kanda hano usome ibaruwa ya Katauti
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Primus national league iratangira kuri iki cyumweru
 
Ibaruwa y 'impuruza kauti hamad ndikumana yandikiye abakunzi ba ruhago, by 'umwihariko ikipe y 'amavubi
 
Commissions esheshatu mu buyobozi bwa rayons sport
 
Amahirwe y 'ikipe y 'amavubi akomeje kugenda ayoyoka
 
Football: intambara y’amagambo yatangiye hagati ya uganda na kenya
 
Imikino yo guhatanira itike ya euro 2012 irakomeje
 
Nta mukinnyi n 'umwe wabigize umwuga uzitabira umukino w’amavubi na benin!
 
Jacob ‘ghost’ mulee arasaba abakinnyi gutahana amanota atati kuri uganda
 
u bufaransa: yahanishijwe guhagarika gukina umupira w 'amaguru imyaka 91 yose!
 
Amavubi akomeje kwitegura bénin
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by Eribrown48 Posted 10 hr 21 min ago

Desire we icececyere none se niba jules yarakuguriye rimwe wabuzwa nicyi kuvuga gutyo? Niba utajyikunda igihugu ceceka witubera indyarya abacyifuriza ibyiza bavuge, kuvuga ngo Katauti ababajwe nuko atahamagawe aho ubivuganye ubujiji cyane kuko Katauti nzi neza ko ibyo atunze bimuhagije kandi bizamubeshaho, ayo mafranga rero yariguhabwa kururiya mukino ndumva ko ntacyo yarikumumarira, we icyo akuricyiranye ninyungu nizamurwa ry 'Idarapo ry 'Gihugu.

0
bad good




 
by Unknown Posted 10 hr 29 min ago

katauti ari mukuri naho MBONABUCYA nareke kujijisha we hari igituma avuga ibi byose,,ikidashoboka tuzi nkabakunzi bumupira wamaguru nuko,ntakipe nimwe ishobora kuzamura abana rimwe ngo igire aho igera,nanone twe kugaya eric na tete batoza amavubi,Urugero ikipe ikomeye ifite byose iba mugihugu Cyu bwongereza,ARSENAL imaze imyaka 5 ntagikombe ngo umutoza FITE ESPRI NKIZAMAVUBI ngo arazamura abana,ase mwikipe nka SPAIN yo ifite PUYOL,XAV,ALONSO,CENA,LAUL,mubona ataribwo ba villa na fabregas na pedro ataribwo bakina neza,ikindi abo bana bo bazamuwe babuza ba olivier jimy murisa,guhamagarwa nabahe,mambo,kapeti,bakame,haruna,nibo bana,nitwanze dukeneye impinduka muri ruhago yacu,ariko nimubitangire buhoro buhoro,muhere mumashuli yo mucyaro mureke umupira kuwugira uwikigali,nikindi mureke gufata abanyamahanga batabishoboye ngo mubagire abanyarwanda,batwibire umutungo wigihugu bajye kubaka nokwigisha abana babo mubihugu byabo,jye inama ntanga habeho ubuyobozi buzi ibyaruhago apana kuzana umuntu ngo ninyanga mugayo ahabwe FERWAF,agombe kuba azi umupira na PROFILE ye ibigaragaza,ase fifa yo mubona itazi ko inyanga mugayo zibaho ariko ntiwakwicara mubiro byayo utazi umupira,so we must change because we are proud our good country like RWANDA,this is my i dear to building our future football,GOD BLESS YOU.

0
bad good




 
by semakubay Posted 11 hr 37 min ago

Ewana urebye kure, sahurira mu nduru uzimangatanye igisebo cya genocide kikuvugwaho. Ibyo Ndikumana avuga nibyo 100 %. kuko siwe usenya amakipe buri munsi, siwe uhora agirana amakimbirane n 'amakipe. siwe uca anantu kuri stade etc. wowe ubundi wabagahe? ubonye kuvuga aruko usenya mugenzi wawe. nta gihe atahwemye kugaragaza ibitagenda. wowe ndakuzi twarabanye i Burundi n 'i Nyamirambo. Ejo bundi ko waje gutwara abakinnyi ukajya i Burundi ko utaje i Kigali gutwara abanyarwanda. twanamenye ko ujya mu matwi y 'ababyeyi b 'abana bakina iyo, ukanagomesha abakinnyi barimo Manaman ngo ntabazagaruke. wikwiyorobeka rero kuko hari byinshitukuziho nanze gushyira hanze. kuko nkubaha. ngo bagirengo ukunda igihugu. Kwigura kuri Jules na Kazura sibyo bizaguhesha umwanya muri ferwafa urabeshya. nakubahaga kubera wafashije amavubi cyane, ariko inama nakugira ni ukutijandika. imyaka yose ishize wabagahe, ko utavugaga. kataut ntiyigura kuko nta genocide n 'amanyanga agira. ntumurusha umupira, amashule. ahubwo ninde wakwandikiye iyi msg niba batakubeshyera.
Uragaragaye cyakoza utumye abantu bakumenya kuko ukoze hasi ubibutsa ibuye

0
bad good




 
by abigwi Posted 11 hr 58 min ago

Mbonabucya reka itiku kuko nawe urabizi neza,niba umuntu avuze ukuri yahitwa yitwa ko ntaburere agira,ubu koko niba Katauti afite uwo mujinya wowe uvuga kuko atahamagawe hari habuze abandi ba Proffessionels bahamagarwa,mbese ko wavuze ibigambo byinshi kuri Katauti ariko wagera kukibazo bakubajije kijyanye nuko Amavubi yifashe kurubu ntugire icyo uvuga kuvuga ko ahagaze nabi cyane se wibaza ko hari umunyarwanda utabibona?Turarambiwe niyo nkina mico yanyu. Njyewe ndemeranya rwose na Katauti kandi nziko ari umugabo ibyobigambo byawe wavuze tuzabibona gusa ucyo usaba bakiguhe.

0
bad good




 
by sabioly Posted 11 hr 24 sec ago

ntimukatubeshye ibyo jyama yavuze nibyo

0
bad good




 
by rukkevin Posted 12 hr 31 min ago

Mbonabucya we uzabanze witabe Gacaca ibindi uzabivuge nyuma. Ko wasangiye na Jules se wavuga iki

0
bad good




 
by Unknown Posted 13 hr 7 sec ago

uraca iki jules wowe ,nukop yakuguriya akabenz ?ese niba mwarabonanye n 'abakinnyi where are them?ni ko sha ,wariye kuri frais de mission ngo wumve ukuntu ziryohaaaaa.data wee!!! maman weeee!!mwitwicira ikipe.

0
bad good




 
by gisimbal Posted 13 hr 6 min ago

wowe na jules muri bamwe!!!

0
bad good




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Mu mupira w’amaguru byari bishyushye ku mugabane w’uburayi mu mpera z’iki cyumweru
 
Jose mourinho ati "ndashaka guhagarika ubwibone bwa barcelona muri spain! "
 
Ku nshuro ya mbere umwana wa cristiano ronaldo yagaragaye
 
Biraba ari ibicika muri shamiyona z’i burayi mu mupira w’amaguru
 
Imikino ya gicuti iha umutoza inzira yo gutwaramo ikipe ye - sellas
 
Europa league yakomeje ku munsi wa kabiri wo mu matsinda
 
Ikipe kiyovu sport nticyerekeje i kampala
 
Uefa champions league irakomeza kuri uyu wa gatatu…
 
Latest Videos in this group
video
World cup 2010 SA
video
Man UTD vs Man city
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com