Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
MTN Ads
BPR Ads
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Icyemezo cyo gukuraho amafaranga ahabwa abiga kaminuza cyafashwe na guverinoma, ninayo yagihindura- Minisitiri Murigande


posted on Oct , 09 2010 at 17H 47min 05 sec viewed 25845 times



- Abanyeshuri 27000 bo muri za kaminuza bakoresha 25% by’ingengo y’imari y’uburezi, mu gihe abanyeshuri barenga miliyoni 2 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bakoresha 75% asigaye;

- Amafaranga y’ishuri leta yishyuriraga buri munyeshuri muri kaminuza nayo azagera aho aveho, umunyeshuri ajye yimenya muri byose...

- Umunyeshuri wize imyaka 2 muri Kaminuza, ashobora kujya kwigisha muri gahunda y'uburezi bw'ibanze bw'imyaka 9(9YBE), ngo abarimu bafite urwego rwa A1 barakenewe!

- Icyemezo cyo gukuraho amafaranga afasha abanyeshuri kubaho ntikireba abanyeshuri barihirwa na leta hanze y’igihugu;


Kuri uyu wa gatandatu tariki 9/10/2010 muri Grand Auditorium ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda habereye ikiganiro cyayobowe na minisitiri w’uburezi, Dr Charles Murigande, kikaba cyari kigamije kuvuga ku cyemezo aherutse gutangaza cyo gukuraho amafaranga 250.000 ku mwaka yahabwaga abanyeshuri bo muri kaminuza n’amashuri makuru basanzwe bafashwa na leta (les boursiers d’état).

Icyo kiganiro cyari cyitabiriwe n’abanyeshuri benshi ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bari bamaze iminsi myinshi bategereje ko minisitiri abagenderera ngo abahe by’imvaho iyo nkuru y’incamugongo kuri bo. Mu bandi bayobozi bari bahari twavuga umuyobozi wa Kaminuza, Prof Silas Lwakabamba, umuyobozi wungirije wa Kaminuza ushinzwe ubutegetsi n’imari (VRAF), Dr Uzziel Ndagijimana, umuyobozi w’inama nkuru y’amashuri makuru (HEC), Prof. Geoffrey Rugege, n’umuyobozi mukuru wa SFAR, Mme Emma Rubagumya.

Minisitiri Murigande akaba yatangiye abwira abo banyeshuri ko mu minsi ishize yagiranye inama n’abayobozi b’amashyirahamwe makuru y’abanyeshuri (Students Unions) muri kaminuza n'amashuri makuru atandukanye bya leta maze akababwira ku mpinduka zireba amafaranga agenerwa uburezi mu Rwanda, cyane cyane mu mashuri makuru. Yavuze ko hari igihe hakorwa ingengo y’imari (budget) y’uburezi ugasanga hari ibikorwa byinshi byateganyijwe, ariko amafaranga ntarengwa minisiteri ishinzwe imari yagennye (budget sealing) kuri buri minisiteri yo ari make. Ati “icyo gihe hari aho biba ngombwa ko ugabanya aho bishoboka, ahandi ukongera.”

Gahunda zimwe na zimwe nk’iz’uburezi bw’ibanze, guhugura abarimu no kongera ibikoresho mu mashuri ngo ziri mu byatumye amafaranga 250 000 ku mwaka yahabwaga umunyeshuri ugurizwa na leta agiye kuzavaho. Ikindi yavuze ngo nuko abanyeshuri 27000 bo muri za kaminuza aribo bakoresha 25% by’ingengo y’imari y’uburezi, mu gihe abanyeshuri barenga miliyoni 2 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bakoresha 75% asigaye. Ati “Twasanze rero hagabanywa amafaranga ahabwa za Kaminuza, zikizirika umukanda, zikirinda gusesagura, naho 250 000 ahabwa buri munyeshuri yo agakurwaho, abanyeshuri bakibeshaho nk’uko byari bimeze bakiri mu mashuri yisumbuye… Amafaranga y’ishuri leta yishyuriraga buri munyeshuri muri kaminuza nayo azagera aho aveho, umunyeshuri ajye yimenya muri byose.”

Minisitiri Murigande kandi yavuze ko leta izakomeza gufasha za kaminuza kubaka ibikorwa remezo n’ibindi bikenerwa ngo imyigire y’abanyeshuri igende neza. Ku byerekeye gufasha abanyeshuri badafite ubushobozi, Dr Murigande yavuze ko byatekerejweho, ngo hakaba habaho uburyo bwo kubafasha kubona inguzanyo, bakazayishura bararangije gukora. Yaje no kuvuga ko habaye igitekerezo cyo gusaba Caisse Sociale du Rwanda (CSR/SSFR) kuguriza abo banyeshuri, bakazayishyura igihe bazaba bakora mbere yo guteganyirizwa, ngo ariko CSR yaje kubyanga, ivuga ko itegeko riyigenga ritayemerera gushora imari mu bikorwa nk'ibyo(risky investment).

Ku byavuzwe na perezida w’inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite

Minisitiri Murigande kandi yagize icyo avuga ku biherutse gutangazwa na perezida w’inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana, aho yavugaga ko icyemezo cy’uko ayo mafaranga yakuweho yacyumvise kuri Radio nk’abandi bose. Aha Dr Murigande yagize ati “ ibi byose tuvuga biri mu ngengo y’imari nshya, kandi yaciye mu nteko ishinga amategeko… Hari abo numva bavuga ngo ntibabizi kandi bagakwiye kubimenya!”

Mu bibazo byagiye bibazwa na bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bari aho, hagiye hagaragaramo akababaro n’impungenge zitari nke. Bamwe bati “ariya mafaranga yari make, ariko yadufashaga,” abandi bati “ ese ko bigaragara ko bamwe tuzahita tuva mu ishuri, nta rupapuro rw’icyemezo twahabwa ko twakandagiye muri kaminuza?” Aha minisitiri akaba yavuze ko nk'umunyeshuri wize imyaka 2 muri Kaminuza, ashobora kujya kwigisha muri gahunda y'uburezi bw'imyaka 9(9YBE), dore ko ngo bakeneye abarimu bafite urwego nk'urwa A1!

Bamwe bavuze ko bitumvikana ukuntu leta yakura amafaranga ku banyeshuri ngo agiye gushyirwa mu bindi, bati “ese ni ngombwa ko leta isenya gahunda zimwe, kugirango ikore izindi?”

Hari umunyeshuri umwe wabwiye minisitiri ati “ibyemezo nk’ibi bifatwa n’abantu bahembwa amafaranga menshi… Ku muntu nka depite cyangwa minisitiri, kuvuga ko amafaranga 250 000 yahagarikwa si ikibazo…” Undi ati “nyakubahwa minisitiri, mu minsi ishize mwavuze ko mufata iki cyemezo mwarebeye ku banyeshuri bamwe ngo birihira mu mashuri makuru (private students), ariko aho mwibagiwe ko umuntu nk’uwo ajya kwiga yariteguye, afite amafaranga ahagije kuko akora cyangwa afite umuryango wishoboye. Benshi muri bo biga nijoro biriwe mu kazi, mu gihe twe b'aba-boursiers twiga ku manywa.”

Minisitiri Murigande yababwiye ko ibyo bibazo byose bizwi, ngo ndetse nawe ubwe aherutse kubivuga mu nama y’abaminisitiri. Ati “ iki cyemezo cyafashwe na guverinoma, ninayo ishobora kugihindura. Jye rwose baramutse babihinduye nabishyira mu bikorwa n’imbaraga nyinshi pe!” Yongeyeho ko icyemezo nk’iki atari iringaniza nk’uko bamwe babivuga, ati “ubwo se ko n’ubundi hari abo leta itarihiraga, ubwo nabo bavugaga ko ari iringaniza?”

Ubuzima butoroshye bw'umunyeshuri wa Kaminuza Nkuru y'u Rwanda

Nk’uko byagaragajwe na bwana Hildebrande uyobora Umuryango rusange w’abanyeshuri ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NURSU), amafaranga 25 000 umunyeshuri yahabwaga yari make, ariko yabafashaga mu byerekeye amacumbi (abenshi ni abarara hanze ya campus), resitora, kwivuza no mu myigire (gufotoza notes, gushakisha kuri internet,…). Ati “ibyo byose nibihagarara abanyeshuri ntibizaborohera kubaho, bamwe bashobora kuva mu ishuri kubera kutabishobora."

Muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda kandi hakunze kugaragara ikibazo cy’uburwayi bw’igifu (buterwa no kurya gake gashoboka kuri bamwe, kugirango basagure udufaranga), n’inzoka zo munda (kurya indyo idasukuye), ibi byose bikaba biba ayo mafaranga ahari.

Ku kibazo cy’uko kubura ayo mafaranga byazatuma hari abiyandarika, minisitiri Murigande yavuze ati “n’ubundi ubu ayo mafaranga yabonekaga ntibyabuzaga bamwe kujya kwiyandarika za Kampala… uzabikora n’ubundi ni usanzwe ubikora, ntawiyubaha uziyandarika!”

Mu gusoza iki kiganiro, minisitiri Murigande yasabye abanyeshuri kuzataha bazi ko ayo mafaranga yavuyeho, dore ko ahari azarangirana n’uku kwezi kw’Ukwakira. Ati “ tuzakomeza kwiga ku buryo bwo gufasha abatishoboye muri mwe, ubwo uzagira amahirwe azisanga ku rutonde rw’abazafashwa.”

Iki cyemezo kikaba kitareba abanyeshuri barihirwa na leta hanze y’igihugu.

Foto: Jeune Afrique

Olivier NTAGANZWA

Inkuru byerekeranye

Nyuma y’ihagarikwa y’amafaranga yahabwa abanyeshuri, bagiye no kuzajya biyishyurira amasomo
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Icyemezo cyo gukuraho buruse cyakiriwe neza n’abanyeshuri – murigande
 
Minisitiri w 'intebe bernard makuza yashyize ahagaragara gahunda ya guverinoma y 'imyaka irindwi
 
Umunyapolitiki nayinzira jean nepomuscene aravugwaho gukora imirimo y 'ubupfumu
 
Umuseso n 'umuvugizi byaba byiteguye gukomeza gukorera mu rwanda nyuma yo kurangiza igihano?
 
Benin: georges rutaganda wari ufungiye ibyaha bya jenoside yaguye muri gereza
 
Nyuma ya mbarushimana, ku rutonde rw’abashakishwa hatahiwe brig gen bosco ntaganda - moreno ocampo
 
Umurusiya viktor bout arahakana ko yagurishije intwaro ku rwanda
 
urukiko rwa arusha rwasanze erlinder nta budahangarwa afite, u rwanda rugiye gukomeza kumukurikirana
 
Umuvugizi w’ingabo lt col jill rutaremara arabeshyuza amakuru avuga ko afunze
 
U bufaransa: callixte mbarushimana, umwe mu bayobozi ba fdlr yatawe muri yombi
 
Page:1 | | 2| | 3| | 4| | 5| | 6|
AuthorsComments
Page:1 | | 2| | 3| | 4| | 5| | 6|
by kamanagaspard Posted 16 hr 13 min ago

ese iki cyemezo cyafashwe habanje gukorwa ubushakashatsi ku mibereho yabanyeshuri bo muri kaminuza???????.
byaba byifashe gute niba bwarakozwe?????

0
bad good




 
by gbwimba Posted 20 hr 1 min ago

we students ,i my self what i can advise you is 2be patient as we are waiting 4de decision of our president,i think he knows our poverty,lets op dat he will make a change.

0
bad good




 
by Unknown Posted 23 hr 3 min ago

:-° HAHAHAHAHAHAHAHHHHHHHHHHHHHAAAAAAAAAAA.....BA SHUGADADI na ba SHUGAMAMI nibazityaze maze rero babambe uruhu batazabambura agahu kabone umunyutsi.

0
bad good




 
by fgakwya Posted 2 days 17 hr ago

Mwirinde kuvugana uburakari, gutukana, gusebanya n 'ibindi. Igihugu cyacu kiyobowe n 'abagabo n 'abagore bagikunda kandi biyemeje kukiganisha mu iterambere rirambye. Abayozi b 'u Rwanda bararukunda, bakunda abanyarwanda bose. Ntimugire ubwoba iki kibazo bazakigana ubushishozi. Umuti w 'iki kibazo uzaboneka. Nimwihangane Leta irabakunda kandi namwe muyishyigikire.

0
bad good




 
by Unknown Posted 2 days 18 hr ago

Ngo muzangakujya mu ishuri mujye mu mihanda njye bazabinyihere ntimuzi ukuntu kwirihira bihenze njye nzabaza Leta MInerval gusa ibindi nzabyikorera kandi nakwiga nezerewe.

0
bad good




 
by t-o Posted 2 days 20 hr ago

isi tubaho mugomba kumvako ifite iyindi shusho.
igihe kiragezengo abantu batangire gukoresha umutwe ngo bibesheho.
si ngombwa rwose gutegereza za leta ngo zigire icyo zakora.
hubwo this is the apporunity banyeshuri tubonye ngo twivane mubukene
bwo gusabiriza.
ibingibi tuzabisanga imbere byaratuzamuye mumitekerereze,(revolution)
so mushimire leta kuyo yaduhaye twiga ubundi twirwaneho.
you have to mind that( "on this world none care about you ,you are having the key to change your future noT SFAR not KAGAME PAUL not MURIGANDE the most important person to make change is YOU YOU YOU,I ME

0
bad good




 
by ingurube Posted 2 days 23 hr ago

Mujye kuragira ingurube.... ubundi mwene ngofero yize ryari? niba muri family yawe ntamuntu wize, nigute wumvaga ko uziga? fata inkoni ujye kuragira ihene niba uyifite.

0
bad good




 
by innocent.habinhuti Posted 2 days 7 hr ago

hari ijambo ritanga ikizere Murigande yavuze "abaminisitiri nibaemera guhindura ikeemezo ko azagishyira mu bikorwa "
kandi nizeyeko abaminisitiri nabo babona ingaruka zabyo niba batazibona ntacyo. ntamaso baba bafite. reka dutegereze nta rirarenga DUTEGEREJE IJAMBO RYA PRES. KAGAME TUKISHIMA Cg TUKARIRA. TUKIGA Cg DUKABIHAGARIKA

0
bad good




 
by bw120 Posted 3 days 13 hr ago

Ariko abobantu bavugako birihira kuberiki birihira kuki batabonaga kuri 25000 araharanirwa ntabwo ari muntu wese wize ariko nabo banyeshuri nabo babatguje bakiga nimugoroba nabo babigerageza ariko iminsi isigaye ngo bayishakire ntabwo bizoroha
Gusa abafata ibyemezo barikuvangira Muzzee kuko ibyo yiyemeje sugusenya hamwe ngo yubake ahandi!!
Gusa ntabwoba buriya harikintu azakora wenda babone gufata iyo myanzuru yabo bitonze smiley

0
bad good




 
by gakcharles Posted 3 days 13 hr ago

twihangane

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 14 hr ago

si ukubeshya igihugu kirayoberanye ahubwo KAGAME baramuvangiye cg nawe arimo aricanga kuko nta munyarda wa kwiha kurihira université abana be. None ngo ibyo byiswe ibya buri wese peeeeeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!!
Ahubwo bigiye kujya munsi ya HABYARIMANA.Guverinoma yisubireho kuko nikibazo kitoroshye rwose.

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 17 hr ago

mbega byiza ukuntu tugiye kwishakira ntawe udutamitse!!!!!

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 17 hr ago

Ahubwo ni mukanire mwige umwanya bakibarihira ay 'ishuri. sha 530000fr nyabona niyushye akuya smiley

0
bad good




 
by irangoye Posted 3 days 18 hr ago

kugereranya premier super puissance n ' igihugu kiri muri 20 bikennye kurusha ibindi ni ukugaragaza ubwenge buke kuko umunyamerika uciriritse akoresha 300dollars kumunsi mugihe umunyarzanda atagejeje ku 1 dollar kumunsi . ub

0
bad good




 
by habiyakareaugustin Posted 3 days 18 hr ago

Iyi ntambara y 'amagambo kuri uru rubuga, njye mbona ivanzemo n 'ubushishozi bucye.
Ubundi ni nde wigaga muri kaminuza arihirwa cyangwa agurizwa na Leta? Ubushakashatsi tumazemo iminsi bwagaragaje ko ari abana bize neza mu mashuri asanzwe akomeye cyangwa se akanyakanya ya secondaire. Hafi ya bose bafite umwe mu babyeyi wakandagiye mu ishuri cyangwa ukorera amafaranga.Ni ukuvuga utari muri babandi bitwa abakene nyakujya. Abana b 'abakene nyakujya no kurangiza ay 'isumbiye ni ha Mana.
Kuba Leta rero yariyemeje kwita ku burere bw 'ibanze ni ikintu cyiza cyagombye kwishimirwa n 'abo biyita abakene,kuko bizatuma mu bakene nyakujya habonekamo abajya muri kaminuza kandi barihirwa na Leta, ihereye kubyo ikeneye ko biga muri Kaminuza n 'ubushobozi bafite.
Abakunda gucunda amaganya nta kindi baresa kitari amagambo. Nibahere kubyo bazi imvano. Nta nahamwe ku isi Leta irihira amashuri ya kaminuza abantu bose bashaka kwiga. Aho muzabisanga bizaba ari byabindi byo kwishyurira bourse abiga ibyo ikeneye cyangwa se abahemberwa ko barusha abandi ubushobozi( les bourses d 'excellence) urerse ko mwene izi bourse zishobora kwishyurwa n 'abandi bose , nk 'abanyenganda cyanga abakeneye ibiva mu bushakashatsi.
Abanyeshuri biyita abakene, n 'ubwo bishobora kuba ari nabyo, bambabarire: simvuze ko Leta ikwiye amashyi kubera kiriya cyemezo. Abanyarwanda muri rusange ni abakene. Icyemezo nka kiriya cyakagombye guhabwa igihe cyo kugishyira mu bikorwa, integuza ya ngombwa, nibura imyaka ibiri.
Ibyo kwiyandarika ngo mukunde mwige, mushatse mwabicikaho. Nonese nyine ko ari ukwiyandarika, mwaba muhimye nde mwanduruwe na SIDA cyangwa ikindi cyorezo?
Mubizirikane kandi ndizera ko Leta itiyibagiza ko ari umubyeyi.

0
bad good




 
by bengo Posted 3 days 19 hr ago

abagira amatwi nibumve,abafite amaso nimubone,ubundi ibibagoye mubiharire iyabahanze

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 20 hr ago

Nshuti zanjye mwihangane ariko ibintu birakomeye peeeeeeeee!!!!!!!!!!! Musenge cyane UWITEKA azagire icyo akora.

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 20 hr ago

IRAMAZE IVAHO KUKO NUBUNDI YARI IYO GUTUMA INGIRWABANYESHURI ZIRIRWA ZISAMBANISHA UBWO BUSA NGO NI 25000

0
bad good




 
by randex010 Posted 3 days 20 hr ago

ubwo nukugirango dukomeze tumufatemo harya?Muligande ararengana ibyo soyabitekereza,ibyo avuga byose ni boss we uba wamutumye.Ariko rero tuvuge ibintu tubisubire,ibyo bakora byose iki gihugu baragitoba.uvuga ngo aho yakuye u Rwanda se nimana?mujye mwitonda sha na nyina wundi abyara umuhungu kandi ntawe uramba nkigiti,byose bizashira u Rwanda ruyoborwe neza bizira ayo matiku yose.

0
bad good




 
by christabella Posted 3 days 20 hr ago

ariko nimugatete nyabu twese twize bitugoye , yego icyi cyemezo nago cyoroshye ariko namwe nimugishakire umuti abo bana 27000 bakore inama basabe leta ibahe ukwezi kwa buri mwana kumwe wenda gusa barabona angahe 27000*25000=675000000 frws mwabana mwe uretse ko muri ninjiji ayo mafaranga muyakoresheje neza nago yabagirira akamaro? nizerako muri abahanga kandi muzasboshobora mukore inama mwige icyo mukora muri ayo mafaranga murebe ko mutaziga mukaguriza ahubwo nabasigaye inyuma niyo nama nabagiraga nahubundi Mana H E Paul nako atabagize nuko mushobora kuba mwaradamaraye mukibagirwa ko the life changes mutekereze imbere heza hanyu hazaza naho kwirirwa musakuza nshuti nacyo bizamara take your decisions kandi good luck!!!!!!!!!!!!!

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 20 hr ago

ibyo byose bihimwa no gufunga umunwa ugaturira,amagambo se igifu kirayasya

0
bad good




 
by Unknown Posted 3 days 22 hr ago

ariko mwantiti mwe zo kuri internet mwihaha kuvugira ngo abakene muboshya ngo bagane imihanda bareke kwiga;muri bakene ki mwirirwa hano mutukana amagambo mabi akarishye!!!ko n 'ubu abo biyita injijuke ko aribo batumye amahano aba mu gihugu hanyuma bakifatira iyubsamu!! Ko mbona se ahabwo abakene arinabo benshi birihirara muri private universities aho mu gihugu! ntabwo muvugira abakene ahubwo muri ba rusahurira mu nduru! Ubu se twese twigishijwe na leta se nuko twari dutunze ibyamirenge se ubu se bimbujije kuyakomereza hanze muri MSc na PhD hari ubwo ari leta or my parents!!?? ahubwo you are mindly poor ' am so sorry about!! Please come for free conseilling and check up, am Dr K. Andrew(PhD)

0
bad good




 
by vuvuzelo Posted 3 days 12 hr ago

ndabagira inama yo kuva mu bigambo bitagize icyo bimeze mutangira mushake uburyo muzabaho ariko kandi mwabaza n abashaka kubatera inkunga ba byara banyu ba tonto atari babandi babangiza n`abandi DRC bariga za Cameroun bariga ,senegal bariga nta buruse ibayo.Just mube abagabo kandi mukamilike gusakuza ntacyo bizabamariraaaaaaaaaaaaaaaaaaaaa
IMBUTO Y UMUGISHA YERA KUG GITI CY UMURUHO.
1994 NTA MISHAHARA YARIHO KANDI ABANTU BARAKORAGA N UMUTIMA MWIZA.

MATUNDA YUKO MBELE VIJYANA

0
bad good




 
by Unknown Posted 4 days 12 hr ago

jye siko mbibona nubundi amashuri akomeye niyo atsindisha abanyeshuri bakabona amanota menshi(abana b 'abakire twebwe benengofero twiga tuvuye guhinga ayo manota leta ifatira abona bake.uzakore ibarura mu kagali kiwanyu urebe abanyeshuri biga muri kaminuza za leta uko bangana ariko abana biga greenhills,fawe,n 'ayandi mashuri yabishoboye uzasanga babonye bourse ya leta bose.leta nishyire ingufu muri secondaire na primaire umunyeshuri arangize secondire afite capacite ihagije universite ize arinyongera.imana ifashe abana babakene babashe kwiga barangize kuko bari baratangiye abandi bazayiga mwumirwe

0
bad good




 
by Unknown Posted 4 days 13 hr ago

hahahaah

0
bad good




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Perezida kagame muri libya mu rwego rwo kwitabira inama ya kabiri ihuza afurika n 'ibihugu by 'abarabu
 
Abanyarwanda bakwiye kurangwa n’urukundo rw’igihugu – prof karangwa
 
Mukamira: umusirikare yarashe batanu arabahitana, abandi 13 barakomereka
 
Icyemezo cyo gukuraho amafaranga ahabwa abiga kaminuza cyafashwe na guverinoma, ninayo yagihindura- minisitiri murigande
 
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ku rwanda rwa arusha mu bibazo by 'inzitane
 
Abagande babiri bafungiye mu rwanda bemerewe kubonana n 'imiryango yabo n 'abazabunganira
 
Guverinoma ikwiye gukorera hamwe - perezida kagame
 
Bad yateye inkunga ya miliyoni 30 z’amadorali y’amanyamerika uruganda rwa cimerwa
 
Latest Videos in this group
video
Ubwo Raporo kuri Brodband yashyirwaga ahagaragara
video
Tony Blair asaba abashoramari kuyishora mu Rwanda...
video
Ikiganiro cya Perezida Kagame kuri Al Jazeera
video
Imirwano yararose hagati y'abagize Inama Nyobozi ya Nairobi
video
Ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Paul Kagame kuri Stade Amohoro
video
Indorerezi za Coomonwealth zishimira imigendekere y'amatora mu R
video
Ibarura ry'Amajwi n'intsinzi ya Paul Kagame (AFP)
video
Demokarasi mu Rwanda? (Al Jazeera)
video
Amatora
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Huye tariki 30 Nyakanga
video
Ubwiyunge
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Muhanga tariki 24 Nyakanga 2010
video
Abategarugori muri Guverinoma
video
Umukandida Paul Kagame yiyamamariza i Karongi
video
CNN : Christiane Amanpour Interview Paul Kagame 19 march 2010
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com