Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
MTN Ads
BPR Ads
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Mudasobwa zakoze ntizemerewe kwinjira mu Rwanda - Dr Mark Cyubahiro


posted on Oct , 12 2010 at 10H 11min 30 sec viewed 3998 times



Kuri uyu wa Mbere umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuziranenge RBS yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru mu rwego rwo gusobanura ibyo icyo kigo kimaze kugeraho ndetse n’ibiteganywa gukorwa mu minsi iri imbere.

Nk’uko byasobanuwe na Dr Mark Cyubahiro Bagabe Umuyobozi wa RBS, u Rwanda ndetse n’isi bigenda biba bitoya, kubw’ibyo rero u Rwanda rukaba rugomba gukora ibishoboka byose kugirango rudasigara inyuma. Ni muri urwo rwego RBS (Rwanda Bureau of Standards) ikora ibishoboka byose mu guhuza amabwiriza ajyanye n’ubuziranenge.

Yasobanuye ko RBS ikora ibishoboka byose kugirango igenzure ibicuruzwa byinjira mu gihugu ndetse n’ibihakorerwa harebwa niba byujuje ubuziranenge kuburyo bitagira ingaruka mbi ku babikenera cyangwa se kubidukikije. Kugirango kandi ibi byose bigerweho ngo hakenerwa itangwa rya serivisi zinoze, kuko iyo igihugu gishyize imbaraga mu gutanga serivisi nziza ngo byishimirwa n’abashoramari.

Umuyobozi wa RBS yavuze ko hakenewe kuzuzanya kw’inzego za Leta kugirango igenzurwa ry’ibikorwa rikorwe ntakugongana bigatuma habaho gukora nabi, kandi ngo iyo ukora nabi n’ibyo ukora biba bibi.

Yatanze ingero z’ibigo bimwe na bimwe usanga bifite ibikoresho ariko ntabo kubikoresha hahari, ibindi ugasanga bifite abakozi ariko nta bikoresho bifite.

Byatangajwe ko RBS igiye kuvugururwa muri iyi myaka itanu iri imbere kugirango irusheho kuzuza inshingano zayo, hakaba hazajyaho ibigo bitatu aribyo National Standards Body (NSB), National Inspectorate Board (NIB) ndetse na Rwanda Accreditation Services (RAS), bikaba bizatwara amafaranga agera kuri miliyali 30 z’amafaranga y’ u Rwanda.

Mu rwego rwo kugenzura kandi ibicuruzwa kugeza ubu hari ibiri mu nzira zo guhabwa ibyemezo by’ubuziranenge bw’ibicuruzwa bikora, ibi bikaba birimo Bralirwa ku binyobwa byayo Mutzig na Turbo King, uruganda Inyange Industries ku bicuruzwa byayo bigera ku icyenda, n'ibindi. Hari kandi n'ibindi bicuruzwa byamaze guhabwa ibyemezo by'ubuziranenge, muri byo hakaba harimo amazi ya Nil, n'amazi ya Inyange.

Mu bibazo byabajijwe n’abanyamakuru harimo ikirebana n’ibicuruzwa biboneka ku isoko kandi byararengeje igihe, aha umuyobozi wa RBS yavuze ko hasaba imbaraga kuri buri wese kuko abakozi b’icyo kigo batabasha kugenzura muri buri nzu y’ubucuruzi yose.

Ku kibazo cy’ibicuruzwa byinjizwa mu Rwanda bitujuje ubuziranenge, Umuyobozi ushinzwe igenzura ry’ibicuruzwa ku isoko muri RBS, Bwana Jean Pierre Bajeneza, avuga ko hari ibifatwa bigasubizwa iyo byakuwe mu gihe ntabuziranenge byujuje, ariko hakaba hari n’ibifatwa bitujuje ubuziranenge, hagafatwa icyemezo cy'uko bisubizwa iyo byakuwe, nyamara nyuma inzego zimwe na zimwe zitaramenyekana zikabyinjiza rwihishwa mu gihugu.

Hatanzwe urugero rwa Sosiyeti y’Abashinwa yitwa Lion China yinjije mu Rwanda za mudasobwa zitujuje ubuziranenge bagategeka ko zisubira muri Hong Kong aho zari zaturutse, ariko hagasubizwayo kontineri irimo ubusa zo zigasigara mu Rwanda, nyamara ikigo cy’igigugu gishinzwe ubuziranenge cyaremeje ko nta mudasobwa yakoze yemerewe kwinjira mu Rwanda. Umuyobozi wa RBS avuga ko ariko hari ibimaze kugerwaho kandi hari n’icyizere ko bizagenda bihinduka.

Olivier MUHIRWA/Igihe.com
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Dukwiriye kwita ku ihindagurika ry 'ikirere kuko bigira ingaruka ku buzima bwacu - senateri iyamuremye
 
Nigeria: agatsiko ka kiyisilamu karifuza gusaba imbabazi
 
Huye: habereye urugendo rwo kurwanya ihungabana riterwa n 'indwara zidakira
 
Igihe cyo kuvugurura itegeko nshinga rya zimbabwe cyigijwe inyuma na none
 
Ibitaro by’umwami faycal bigiye gutangira ibikorwa byo kubaga no guhererekanya impyiko ku nshuro ya mbere
 
“dukwiriye kwita ku ihindagurika ry’ikirere kuko bigira ingaruka ku buzima bwacu”- senateri iyamuremye
 
Chili: abacukuzi 33 bakuwe mu buvumo bari bamazemo iminsi 69
 
Mayor w’akarere ka ruhango arashinjwa kwirukana abakozi uko yishakiye
 
Ku nshuro ya mbere mu mateka, ghana yohereje ambasaderi wayo mu rwanda
 
Iterabwoba: al-qaida yasohoye numero nshya y’ikinyamakuru cyayo « inspire »
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by Unknown Posted 2 days 24 hr ago

ubwo nyine abinda babihereye rushwa yarimaze iminsi itavungwa iragarutse?

0
bad good




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Umunyamabanga nshingwabikorwa w 'akarere ka gasabo mu maboko ya polisi, araregwa gusambanya umugore w 'abandi
 
Gen. bosco ntaganda araregwa ibindi byaha byo kwica abanyapolitiki bo muri cndp batavugaga rumwe nawe
 
Urubanza rw’umutanzaniya warindaga akanatekera osama bin laden rwatangiye
 
Barack obama na george clooney mu kibazo cya sudani
 
Usa: itegeko “don’t ask, don’t tell” rigiye gukurwaho mu gisirikare
 
Nyagatare: imvura yasenyeye abaturage mu murenge wa tabagwe
 
Afghanistan : indege yari itwaye imitwaro yaguye hafi y’umurwa mukuru kaboul
 
Abapolisi 90 b’abagore berekeje mu ntara ya darfour
 
Latest Videos in this group
video
Ubwo Raporo kuri Brodband yashyirwaga ahagaragara
video
Tony Blair asaba abashoramari kuyishora mu Rwanda...
video
Ikiganiro cya Perezida Kagame kuri Al Jazeera
video
Imirwano yararose hagati y'abagize Inama Nyobozi ya Nairobi
video
Ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Paul Kagame kuri Stade Amohoro
video
Indorerezi za Coomonwealth zishimira imigendekere y'amatora mu R
video
Ibarura ry'Amajwi n'intsinzi ya Paul Kagame (AFP)
video
Demokarasi mu Rwanda? (Al Jazeera)
video
Amatora
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Huye tariki 30 Nyakanga
video
Ubwiyunge
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Muhanga tariki 24 Nyakanga 2010
video
Abategarugori muri Guverinoma
video
Umukandida Paul Kagame yiyamamariza i Karongi
video
CNN : Christiane Amanpour Interview Paul Kagame 19 march 2010
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com