Burundi: Sosiyete sivile irasaba leta ko urubanza rwa Manirumva rwasubukurwa
posted on Oct , 12 2010 at 12H 17min 23 sec viewed 715 times
Imiryango ikorera muri sosiyete sivile mu gihugu cy’u Burundi irasaba ko habaho isubukurwa ry’urubanza kw’iyicwa ry’uwahoze ari visi perezida w’ikigo kirwanya ruswa mu Burundi, Ernest Manirumva, wahitanywe tariki 9 Mata 2009.
Nkuko tubikesha ibiro ntaramakuru Xhinuanet, mu itangazo ryashyizweho umukono n’abakuriye iyo miryango, batangaje ko bishimira kuba harabayeho itangizwa ry’urubanza kuri iki kibazo tariki 14 Nyakanga 2010, gusa bagatangaza ko bahangayikishijwe no kuba rwarasubitswe ariko ntirwongere gukomeza kugeza ubu, kuko rwashyizwe ku itariki itazwi.
Basaba leta ko yashyira mu bikorwa ibyo yiyemeje byerekeye kutihanganira na gato ruswa n’akarengane, bityo hagashyirwa imbaraga mu gukurikirana abakekwaho guhitana Manirumva.
Bamwe mu batawe muri yombi bazira gucyekwaho kuba inyuma y’iryo yicwa, kugeza n’ubu baracyari mu buroko mu gihe bagitegereje ko urubanza rusubukurwa, iyi miryango yemeza ko bamwe muri aba ari abere, bagasaba ko nabo barenganurwa byihuse, ngo hato batazasanga bari abere kandi bafunzwe igihe kitari gito.
Foto: Xhinuanet
Kayonga J.
|