Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
MTN Ads
BPR Ads
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Ntiyari asanzwe: Ras Tafari Haile Selasse, Intare yo mu Muryango wa Yuda (27 Kanama mu mateka)


posted on Aug , 27 2010 at 13H 16min 24 sec viewed 5398 times



Turi kuwa 27 Kanama, Umunsi wa 239 w’Umwaka wa 2010. Uyu mwaka usigaje iminsi 126, turi mu cyumweru cya 34. Ku ngengabihe ya Kisilamu, turi ku italiki ya 17 Ramadan 1431. Muri Israel (Ingengabihe y’Abaheburayo) ni kuwa 17 Elul 5770.

Bimwe mu byabaye kuwa 27 Kanama

27/08/1896 : U Bwongereza bwarwanye intambara ngufi kurenza izindi bwarwanye mu mateka yabwo. Ni mu gitero bwagabye muri Zanzibar. Barashishije ibitwaro bya rutura ingoro y’Umwami Sultan Saïd Khalid, wahise amanika amaboko nyuma y’iminota 38 yonyine urugamba rutangiye.

27/08/1883 : Muri Indonésie, ikirunga Krakatoa (bisobanura Umusozi Utuje) cyakangutse gitunguranye gihitana abantu basaga ibihumbi mirongo ine.

27/08/1908 : Havutse Lyndon B. Johnson, wabaye Perezida wa 36 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (1963 à 1969).

image

Perezida Lyndon B. Johnson

27/08/1910 : Havutse Agnès Gonxha Bojaschiu, wamenyekanye cyane ku izina Mère Térésa. Yahawe igihembo NOBEL (1979) cyo guharanira amahoro. Ubwo yatabarukaga, inkuru yabaye kimomo mu bitangazamakuru byo ku isi yose.

image

Mother Tereza

27/08/1975 : Hatabarutse RasTafari Makonnen, wamenyekanye cyane nka Haile Selassie I, wabaye Umwami w’Abami wa Ethiopia (1930 - 1974). Yahanganye bikomeye n’amahame n’amabwiriza yatangwaga n’Abanyaburayi n’Abanyamerika.

image

Haile Selasse mu myambaro ya cyami

Izina rye TAFARI risobanura uw’igitinyiro, naho MAKONNEM rigasobanura « Imfura /Noble » Ubwo yimaga ingoma yafashe izina Haile Selassie bisobanura « Ububasha bw’Ubutatu /Trinity Powers »

image

Hile Selassie yima ingoma (1930)

Azwi nk’utaravugirwagamo, yangaga agasuzuguro n’urugomo, yakundaga amahoro n’iterambere. Yagize impinduramatwara nyinshi mu nzego zose z’ubuzima bwa Ethiopiya, na n’ubu kuri benshi muri icyo gihugu aracyafatwa nk’intwari.mu w’1963 yatumiwe na Roosevelt wayoboraga USA, ngo atangaze abo Ethiopie (nka kimwe mu bihugu byihagazeho muri Afurika) ishyigikiye mu ntambara y’ubutita (Guerre Froide / Cold War) Imbere y’imbaga yasubije ko Ethiopiya itazigera yivanga mu matiku ya ba Gashakabuhake, bityo ntaho ibogamiye.

image

Haile Selassie i Washington (01/11/1963)

Haile Selassie ni we watangaje bwa mbere icyo yise Afurika Yigenga, ashinga n’Umuryango ‘Ubumwe bwa Afurika (OUA), na n’ubu n’ubwo wahinduye izina, icyicaro cyawo kiracyari Addis-Ababa /Ethiopia.

Izina rye no kubaho kwe bivuze byinshi mu idini y’Abarasta (Rastafarianism). Ni we ukomokwaho n’imvugo “Jah Ras Tafari” Yitwa Intare yo mu Muryango wa Yuda, kandi igisekuru cye kikagera ku Mwami Salomo w‘Abayahudi. Haile Selassie ni umwe muri bake ba nyuma bamenyekanye bakomoka ku Mwami w’Umunyabwenge Salomoni.

Nk’izindi ntwari nyinshi yishwe agandaguwe kuwa 27 Kanama 1975.

Intambara Nyafurika y’isi

27/08/1998 : Ni bwo Namibiya yafashe icyemezo cyo gutabara Perezida Laurent Desiré Kabila wa DRC / RDC wari usumbirijwe. Ingabo za Namibia zaje zunganira iza Zimbabwe, Namibia, Tchad, Angola, na Sudan. Libiya yo yatanze ibikoresho bya gisirikare n’indege zo gutwara ibikoresho n’abasirikare bava muri Tchad bajya ku rugamba muri RDC.

Kuba iyi ntambara yaragaragayemo ibihugu icyenda, hatabariwemo ibyatangaga izindi nkunga rwishishwa, byatumye yitwa Intambara ihuje ibihugu byinshi mu mateka ya Afrika, initwa Intambara ya, Mbere Nyafrika y’isi (Premiere Guerre Mondiale Africaine) Ibisobanuro birambuye ku mateka n’imizi y’iyi ntambara, kanda hano: http://fr.wikipedia.org/wiki/Deuxi%C3%A8me_guerre_du_Congo

image

Intambara i Kinshasa (1998)

27/08/2000 : Bill Clinton na Nelson Mandela bitabiriye isinywa ry’amasezerano yo guhagarika isubiranamo ry’amoko mu Burundi yari imaze imyaka irindwi, kuva Perezida Ndadaye agandaguwe.

27/08/2007 : Ahagana i saa 12h30 z’ijoro, Isi yagaragaye nk ‘ifite ukwezi kubiri (Duex Lune/ Two Moons), bitewe n’uko umubumbe Mars wari wayegereye, nawo ukagaragara ufite ishusho n’ingano nk’iy’ukwezi gusanzwe. Abo byacikanye batabibonye ntimwihebe, kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko bizongera kubaho mu mwaka w’2287.

NTWALI John Williams
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Yatsinze urugamba rwamuhaye inzira yo kwigarurira isi yose (01 ukwakira mu mateka)
 
Yavumbuye peneceline bimutunguye (30 nzeli mu mateka)
 
Umukuru w 'igihugu wegujwe azira kurya ruswa (29 nzeli mu mateka)
 
Bategetse ko abaprotestanti bose bahagarika ibikorwa byabo by’amasengesho (28 nzeli mu mateka)
 
Yihimuye ku nteko ishinga amategeko, ahitana abadepite 14 (27 nzeli mu mateka)
 
Maradona yagurishijwe miliyoni 38 z’amafaranga (22 nzeli mu mateka)
 
Yifuje ishingwa rya leta zunze ubumwe z 'uburayi (19 nzeli mu mateka)
 
Yishwe no kuvanga inzoga n 'imiti byose birenze urugero (18 nzeli mu mateka)
 
Igihano cyo gucibwa inka ku wateye inda no ku wayitwaye (17 nzeli mu mateka)
 
Ubwo papa yakiraga yasser arafat (15 nzeli mu mateka)
 
Page:1 |
AuthorsComments
Page:1 |
by Unknown Posted 2010-08-29 06:40:00

Icyo nemera cyo ni uko ABARASITA ari abana beza pe. Kani uyu RASTAFARI nawe murabona ko rwose yari akwiye gusiga abantu b 'ingenzi nk 'avbo barasta.

Gusa icyo ntasobahnukirwa ni ukuntu muri JAMAICA ariho hari abarasta benshi kurusha muri Ethiopia aho sekuru wabo yavukaga. Uwaba abizi yazansobanurira

0
bad good




 
by gjgnf Posted 2010-08-28 14:40:27

Iriya Phenomene y 'ukwezi kubiri niyo kabisa nanjye narayisomye mu gitabo, aho bavuga ko ibaho buri gihe rimwe mu myaka maganabiri (between 202 and 236 years). Ikibazo ni uko abo bashakashatsi babyihererana ntibanabitangaze mbere yo kubaho ngo twihere ijisho, bakabivuga gusa byabaye

0
bad good




 
by Unknown Posted 2010-08-27 15:49:31

Hari abirasi, abiyemezi n 'abanyagitugu bazi ko ntaho bazajya. Peut-être bo bashobora kuzabibona (sic).

0
bad good




 
by agaca45 Posted 2010-08-27 09:58:23

muri uriya mwaka icyo gitendo kizabonwa n 'abadukomokaho nk 'ab '100!

0
bad good




 
by hezafierte Posted 2010-08-27 08:30:25

Cyakora murandangije kabisa!! nonese ninde ufite icyo apfana nimisozi ngo azarambe kugeza kiriya gihe? Ba semuhanuka baba benshi kabisa!!

0
bad good




 
by dufis2020 Posted 2010-08-27 05:53:43

Nawe urabahamije, muri 2287?! ubwo se urumva ari nde uri ubu uzaba ukiriho?!

0
bad good




 
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Ntiyabashaga guterwa ikinya kubera ibiyobyabwenge byinshi (13 nzeli mu mateka)
 
Abaserukiye igihugu bose basanzwemo ibiyobyabwenge mu maraso (12 nzeli mu mateka)
 
Indege ebyiri zagonganiye mu kirere (09 nzeli mu mateka)
 
Yahitanywe n’ibyihebe byari byihinduye abanyamakuru (09 nzeli mu mateka)
 
Turi kuwa 29 ramadan 1431 (08 nzeli mu mateka)
 
Yarusimbutse agerwa amajanja n 'abamurinda (07 nzeli mu mateka)
 
Yatorewe kuba miss sida / miss vih (06 nzeli mu mateka)
 
Yatejwe cyamunara ku madolari 100 000 habura ukwezi ngo avuke (03 nzeli mu mateka)
 
Latest Videos in this group
video
Ubwo Raporo kuri Brodband yashyirwaga ahagaragara
video
Tony Blair asaba abashoramari kuyishora mu Rwanda...
video
Ikiganiro cya Perezida Kagame kuri Al Jazeera
video
Imirwano yararose hagati y'abagize Inama Nyobozi ya Nairobi
video
Ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Paul Kagame kuri Stade Amohoro
video
Indorerezi za Coomonwealth zishimira imigendekere y'amatora mu R
video
Ibarura ry'Amajwi n'intsinzi ya Paul Kagame (AFP)
video
Demokarasi mu Rwanda? (Al Jazeera)
video
Amatora
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Huye tariki 30 Nyakanga
video
Ubwiyunge
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Muhanga tariki 24 Nyakanga 2010
video
Abategarugori muri Guverinoma
video
Umukandida Paul Kagame yiyamamariza i Karongi
video
CNN : Christiane Amanpour Interview Paul Kagame 19 march 2010
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com