Ahabanza Amakuru Abo turibo Amamaza Twandikire Umuryango Mail
Ibirimo
MTN Ads
BPR Ads
Radio Izuba
RSS Feed
Google Ads
Umuryango
igihe.com ifite Abanyamuryango
2964
. : : Iyandikishe : :
Amakuru atandukanyeHirya no hinoUtuntu n'utundiUyu munsi mu mateka

Huye: Habereye urugendo rwo kurwanya ihungabana riterwa n 'indwara zidakira


posted on Oct , 15 2010 at 07H 18min 25 sec viewed 14 times



Umuryango nyarwanda ukwiriye kwita ku barwayi babana n’indwara zidakira, birinda kubaha akato, kuko iyo babonye ubahumuriza biyakira bakabana n’ubwo burwayi bwabo, mu gihe iyo bahawe akato bishobora kongera ihungabana baba barahuye na ryo. Ubu butumwa bukaba bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, mu Ishami ry’Ubuganga bita ku buzima bwo mu mutwe, ubwo bari mu mujyi wa Huye ,mu rugendo rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Urwo rugendo rwabereye mu mujyi wa Huye; abagendaga bakaba batangaga ubutumwa bwo kurwanya ihungabana riterwa n’indwara zidakira barushaho kubishyira mu buvuzi bw’ibanze.

Ngo indwara zidakira ahanini zitera guhungabana bityo bikaba byatera umuntu kwiheba. Ngo ni byiza ko umuntu yegerwa kuko iyo guhungabana kumufatanije n’indwara yisanganiwe birushaho gushyira ubuzima bwe mu kaga

Ibijyanye n’ihungabana riterwa n’indwara zidakira kandi byemezwa n’abaturage bo mu Karere ka Huye bavuga ko kenshi bigora umuntu kwakira ko arwaye indwara idakira ndetse bizagera aho ikamwica.

Mukashema Alice, umuturage wo mu Kagari ka Cyarwa mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye. Yagize ati “Ibyo bintu biragaragara cyane kubera ko nk’umuntu iyo bamubwiye ko arwaye SIDA cyangwa Diyabete, ntabwo uzakira, urumva ko mu mutwe asa n’uhungabanye akaba yajya mu cyumba akifungirana akavuga ati “nirushaka ruzaze runjyane nta cyo ndindiriye, akaba nta n’ikintu cy’iterambere yakwigezaho.”

Umuyobozi Wungirije w’Umushinga w’Abanyeshuri ugamije guteza imbere ubuzima bwo mu mutwe mu Ntara y’Amajyepfo, Muneza Eugene akaba yatangaje ko n’ubwo izo ndwara zidakira hari uburyo abo bantu baba bashobora kwitabwaho bakabona imiti, bityo bakabasha kwiyakira mu muryango nyarwanda.

Ngo impamvu kandi bibanda cyane ku ihungabana riterwa n’indwara zidakira ni uko ubwabyo bigora abarwayi bazo kubyakira. Ku bw’ibyo rero ngo nk’abagaga, bashaka no gufasha abo barwayi ku bijyanye n’imitekerereze kugeza ubwo bafasha abarwayi kwiyakira.

Muneza yagize ati “Impamvu izo ndwara zidakira nka SIDA, Diyabete cyangwa Kanseri, tuzibandaho ni uko abantu benshi iyo bamaze kumenya ko barwaye ziriya ndwara, kwiyakira birabagora. Ni yo mpamvu nk’abaganga (abanyeshuri biga ubuganga) turashaka no kureba kuri icyo gice cy’imitekerereze kugira ngo dufashe umuntu ku buryo bwuzuye.”

Urwo rugendo rwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu Ishami ry’Ubuganga ryita ku buzima bwo mu mutwe.

Mu nsanganyamatsiko igira iti “Turwanye ihungabana riterwa n’indwara zidakira turushaho kubishyira mu buvuzi bw’ibanze”, abo banyeshuri bakaba bakanguriraga abatuye mu mujyi wa Huye kudaha akato ababana n’indwara zidakira ahubwo babakangurira kujya kwa muganga kuko ngo iyo umuntu amaze kwiyakira ashobora kubana n’uburwayi bwe kandi agakomeza kubaka icyizere no kwiteza imbere. Urwo rugendo rukaba rwakozwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe, ubusanzwe wizihizwa tariki ya 10 Ukwakira.

NTIVUGURUZWA Emmanuel / Igihe.com, Huye
facebook
More Articles | >>View all news in this category
Dukwiriye kwita ku ihindagurika ry 'ikirere kuko bigira ingaruka ku buzima bwacu - senateri iyamuremye
 
Nigeria: agatsiko ka kiyisilamu karifuza gusaba imbabazi
 
Huye: habereye urugendo rwo kurwanya ihungabana riterwa n 'indwara zidakira
 
Igihe cyo kuvugurura itegeko nshinga rya zimbabwe cyigijwe inyuma na none
 
Ibitaro by’umwami faycal bigiye gutangira ibikorwa byo kubaga no guhererekanya impyiko ku nshuro ya mbere
 
“dukwiriye kwita ku ihindagurika ry’ikirere kuko bigira ingaruka ku buzima bwacu”- senateri iyamuremye
 
Chili: abacukuzi 33 bakuwe mu buvumo bari bamazemo iminsi 69
 
Mayor w’akarere ka ruhango arashinjwa kwirukana abakozi uko yishakiye
 
Ku nshuro ya mbere mu mateka, ghana yohereje ambasaderi wayo mu rwanda
 
Iterabwoba: al-qaida yasohoye numero nshya y’ikinyamakuru cyayo « inspire »
 
Page:
AuthorsComments
Page:
:) :D ;) :p
:lol: :euh: :( :o
:colere2: o_O ^^ :-°
Email Adress :
Place your comment here:
Choose your avatar:
More Articles | >>View all news in this category
Umunyamabanga nshingwabikorwa w 'akarere ka gasabo mu maboko ya polisi, araregwa gusambanya umugore w 'abandi
 
Gen. bosco ntaganda araregwa ibindi byaha byo kwica abanyapolitiki bo muri cndp batavugaga rumwe nawe
 
Urubanza rw’umutanzaniya warindaga akanatekera osama bin laden rwatangiye
 
Barack obama na george clooney mu kibazo cya sudani
 
Usa: itegeko “don’t ask, don’t tell” rigiye gukurwaho mu gisirikare
 
Nyagatare: imvura yasenyeye abaturage mu murenge wa tabagwe
 
Afghanistan : indege yari itwaye imitwaro yaguye hafi y’umurwa mukuru kaboul
 
Abapolisi 90 b’abagore berekeje mu ntara ya darfour
 
Latest Videos in this group
video
Ubwo Raporo kuri Brodband yashyirwaga ahagaragara
video
Tony Blair asaba abashoramari kuyishora mu Rwanda...
video
Ikiganiro cya Perezida Kagame kuri Al Jazeera
video
Imirwano yararose hagati y'abagize Inama Nyobozi ya Nairobi
video
Ibirori byo kwizihiza intsinzi ya Paul Kagame kuri Stade Amohoro
video
Indorerezi za Coomonwealth zishimira imigendekere y'amatora mu R
video
Ibarura ry'Amajwi n'intsinzi ya Paul Kagame (AFP)
video
Demokarasi mu Rwanda? (Al Jazeera)
video
Amatora
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Huye tariki 30 Nyakanga
video
Ubwiyunge
video
Umukandida Kagame yiyamamariza i Muhanga tariki 24 Nyakanga 2010
video
Abategarugori muri Guverinoma
video
Umukandida Paul Kagame yiyamamariza i Karongi
video
CNN : Christiane Amanpour Interview Paul Kagame 19 march 2010
Copyright © 2009 - 2010 - IGIHE Ltd - All Rights Reserved
Ibyerekeye iyubahirizwa ry’ubuzima bwite (Privacy policy) | Uburyo bw'imikoreshereze (Terms of use)
Our blog : http://blog.igihe.com